Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Imbasa Ntikirangwa mu Buhinde

Igihugu cy’u Buhinde ubu kimaze umwaka gikize indwara y’Imbasa. Imbasa ngo ni indwara yandurira mu kanwa haciyemo Virus ikajya mu muhogo. Umuryango wita ku buzima ku isi (WHO) ukaba wishimiye iki gikorwa ariko urahamagarira abayobozi gukomeza gushyiramo ingufu. Kuri ubu ariko urugamba rwo kurwanya iyo ndwara rukaba rukomeje muri Afurika no muri Asia yo hagati.

Nk’uko bitangazwa na Destinationsante.com, ngo umuntu wa nyuma wagaragaweho n’yi ndwara ni umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri i Bengal mu kwezi kwa gatatu 2011. WHO watangaje ko kwandura iyi virus ya polio bihagaritswe ku mugaragaro muri iki gihugu.

Ariko nubwo bimeze bityo muri iki gihugu ngo isi yose ntabwo irashiramo iyi ndwara. Uyu muryango wita ku buzima ku isi watangaje mu mwaka wa 2011 ko muri Pakistan na Afghanistan hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’iyi ndwara. Naho muri Afurika ikwirakwira ry’iyi ndwara rikomeje muri Nigeria, RDC, no muri Tchad.

Iki cyorezo kikaba cyarafashe uburengerazuba ndetse na Afurika yo hagati mu mezi 12 ashize. Iki cyorezo kikaba cyaravuye muri Pakistan kigafata n’ubushinwa bwari bwaragikize kuva mu mwaka wa 1999.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo