Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Ni Byiza Kubahiriza Inkingo z'Abana

Gukingiza umwana inkingo zose uko zikurikirana bituma agira ubuzima bwiza kuko n’indwara iyo zije ntizimugiraho ubukana nk’ubwo zigira k’udakingiwe, abantu benshi rero iyo babonye umwana arwaye kandi yarakingiwe bahita basuzugura urukingo nyamara urukingo ntirubuza uwakingiwe kurwara ahubwo rumuha ubudahangarwa bwo guhangana n’indwara yakingiwe.Nk’uko Uwamahoro Pelagie, umuganga ku Kigonderabuzima cya Rango mu murenge wa Tumba mu Karere ka Huye abisobanura ngo urukingo rufite akamaro kanini kuko ngo iyo umwana afashwe n’indwara yakingiwe ashobora kuyikira atiriwe ajya no kwa muganga ngo gukingiza umwana kandi bituma bamukurukirana bakanamusuzuma indwara z’imirire, umubyeyi kandi akaba yabasha gukurikirana ibiganiro bitandukanye ku buzima bw’abana ndetse n’ababyeyi bikamugirira akamaro kuri we ndetse n’umwana we.

Mu nkingo zikingirwa abana harimo urukingo rw’imbasa, iseru, akaniga, igituntu agakwega, Hepatite B (Umwijima wo mu bwoko B), umusonga, bagahabwa na vitamine A.

Umwana rero iyo atakingiwe cyangwa ngo ahabwe inkingo zose uko zitegetswe bimugiraho ingaruka zikomeye kuko iyo arwaye arazahara cyane.

Pelagie kandi avuga ko mu gukingira abana bahura n’imbogamizi zitandukanye cyane cyane nk’abakobwa babyarira iwabo ugasanga ba Se b’abo bana badatuye hafi aho y’ikigo nderabuzima bakabura aho babashakira ngo bakingirwe kuko ba nyina akenshi ntibabakingiza. Icyo rero ngo ni ikibazo gikomeye cyane bityo akaba agira inama abo bakobwa ko bajya bita ku buzima bw’abana babo bakabakingiza nk’abandi.

Muganga Pelagie kandi arakangurira ababyeyi bose kwita ku bana babakingiza inkingo zose uko zateganyijwe na Ministeri y’ubuzima bityo abana bakarushaho kugira ubuzima buzira umuze.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo