Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Abenshi baza kwivuza kanseri barakererewe - MINISANTE

Abenshi baza kwivuza kanseri barakererewe - MINISANTE

Umurwayi wa kanseri y’ibere arimo avurwa (Ifoto/Interineti)

Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) ivuga ko abantu benshi baza kwivuza kanseri y’ibere barageze igihe cyo kudashobora kubona imiti ishobora kubakiza.

Abahanga mu by’ubuvuzi bwa kanseri y’ibere bavuga ko bitatu bya kane (3/4) by’abaza kwivuza iyi kanseri bagera kwa muganga baratinze bigatuma kanseri yabo idakira.

Dr. Ntirenganya Faustin, umuganga ukurikirana ibya kanseri mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), avuga ko 57% baza kwivuza bari ku rugero rwa gatatu aho kanseri iba yaramaze gukwirakwira bigatuma badashobora kwitabwaho bihagije ngo bakire.

Avuga ko kanseri ifite ibice bine bigenda bisumbanwa bitewe n’ubukana bwayo. 

Dr. Ntirenganya avuga ko abagera kuri 5% ari bo bashobora gukira.

Kanseri y’ibere ni yo iza ku isonga muri kanseri zibasira abagore, ikaba ifata umwanya wa kabiri muri kanseri muri rusange nyuma ya kanseri ifata imyanya y’ubuhumekero (ibihaha).

Ubushakashatsi bwakozwe muri 2012 bwerekana ko kanseri y’ibere ari yo yica abagore benshi bazira kanseri aho yahitanye abagera kuri 522.000 muri uwo mwaka.

Mu rwanda, Minisiteri y’Ubuzima ntigaragaza imibare y’abanduye kanseri y’ibere, ariko mu bushakashatsi bwakozwe mu bitaro byita kuri kanseri bya Butaro, iza ku mwanya wa mbere muri kanseri zibasira abantu bakuru, ikaba yihariye 40.3%.

Dr. Ngirabega Jean de Dieu ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), avuga ko Leta ifite intumbero yo  kugabanya imfu z’abari munsi y’imyaka 40 y’ibukuru muri 2020, bikazafasha kurokora ubuzima bw’abantu 8.300 mu mwaka.

Mu gihe kanseri y’inkondo y’umura n’iyibere ari zo zikunze kwibasira abagore, Dr. Ngirabega avuga ko zakagombye kuba ari zo zashobora kwirindwa no kuvurwa byoroshye kuko ngo zigaragara inyuma.

Ati: "Turamutse tuyibonye hakiri kare kuyivura byakoroha.”

Ashishikariza abagore kwisuzumisha hakiri kare kugira ngo n’abo byarenze ko yakira babashe kubaho batababaye baherekezwe neza.

Habiyambere Immaculee, Umwe mu bagore bakize kanseri y’ibere bibumbiye mu muryango Conquer Breast Cancer Association, avuga ko abenshi mu bagore batinda kwivuza kanseri y’ibere kubera kutayimenya aho bayitiranya n’ifumbi bagatinda mu buvuzi gakondo.

Gusa avuga ko hakiri ikibazo cy’ubuvuzi bwa kanseri mu Rwanda, aho benshi basabwa kujya kwivuriza hanze y’igihugu.

Kimwe mu by’ibanze bibura mu kuvura kanseri y’ibere ni ubuvuzi bukoresheje kunyura mu cyuma (radiotherapy).

Philippa Kibugu-Decuir, nawe uvuga ko amaze imyaka 20 akize kanseri y’ibere, ashishikariza abantu kwisuzumisha hakiri kare  mu rwego rwo kuyikumira.

Dr. Ngirabega atangaza ko ubwo buvuzi buri mu byo Minisante ifite mu igenamigambi yayo.

Mu gihe hari kanseri ziba zigeze ahantu ho kudakira, Minisante ivuga ko abarwayi bitabwaho bagahabwa imiti ibagabanyiriza ububabare mu rwego rwo kubaherekeza neza.

Mukasahaha Diane, ushinzwe ibikorwa byo kwita ku barwayi bafite indwara karande (zidakira), avuga ko 16% gusa ari bo babona imiti ibagabanyiriza ububabare mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, mu gihe abagera kuri 70% b’abarwayi ba kanseri babarizwa muri ibyo bihugu.

Gusa avuga ko mu Rwanda, imiti igabanya ububabare bw’indwara zidakira yashyizwe mu miti y’ibanze.

Si abagore gusa bashobora kurwara kanseri y’ibere n’ubwo aribo ikunze kwibasira cyane. 

Umugore umwe ku icumi (1/10) ni we uba ufite kanseri mu gihe abagabo ari umwe ku ijana (1/100).

Ibishobora gutera kanseri y’ibere

Ibintu bishobora kongera ibyago byo kuyirwara birimo imyaka yisumbuye kuko ibyago byo kuyirwara byikuba kabiri buri myaka icumi.

Ibindi bishobora gutera kanseri y’ibere ni nko kuba umugore atarigeze abyara cyangwa yarabyaye arengeje imyaka 30, kuboneka vuba kw’imihango ya mbere, gucura utinze nyuma y’imyaka 55, gufata imiti isimbura imisemburo igihe kirekire, kudakora imyitozo ngororamubiri, umubybuho ukabije nyuma yo gucura, kunywa inzoga nyinshi.

Bimwe mu bimenyetso bigaragaza kanseri ni akabyimba ku ibere kataryana, impinduka ku ruhu rw’ibere no gutukura, gukanyarara cyanwa kubyimba k’uruhu rw’ibere, impinduka ku mubyimba cyangwa ku miterere y’ibere, imoko ivamo utuzi dushobora kubamo n’amarao, in’ibindi.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo