Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Ubushakashatsi: Amata menshi ku munsi yagira ingaruka mbi ku buzima


Nkuko abaganga babivuga ngo amata ni kimwe mu bintu bikungahaye kuri Calcium ndetse akaba anafasha amagufa y’umuntu gukomera,ariko abashakashatsi bo bavuga ko kunywa ibirahure bitatu ku munsi uba ukuba ibyago byo gupfa vuba ariko biturutse ku kibazo cyo kwangirika kwamagufa.

Nyuma yo gukora ubushakashatsi ku bagore ibihumbi mirongo itandatu na kimwe “61,000”ndetse n’abagabo ibihumbi mirongo ine na bitanu “45,000”bafite imyaka 20 y’amavuko,abashakashatsi basanze habaho ukwangirika kw’amagufa ku bantu banywa amata cyane.

Nkuko abashakashatsi bakomeza babivuga,ku bantu banywa ibirahure bitatu cyangwa birenga bitatu “680ml”by’amata baba bafite amahirwe menshi yo gupfa vuba kurusha wawundi unywa ari munsi y’ibirahure bitatu ku munsi.

Kandi bakomeza bavuga ko nubwo Amata agizwe na Calcium ikenerwa mu kubaka amagufa,abashakashatsi bo bizera ko iyo ayo mata abaye menshi ahita agira ingaruka kuko iyo Calcium ntacyo iba imaze ahubwo uba uri kongera amahirwe yo kurwara umutima,kandi bagakomeza banavuga ko nka Yahurute “Yoghurt”nayo ikomeza amagufa ariko ikongera ingaruka zo gupfa vuba.

Amata avugwa aha ni amata bakama ku nka,niyo mata agira ingaruka mbi ku muntu yo kuba yapfa vuba,ariko yakugiraho ingaruka unyweye amata agera ku birahure bitatu cyangwa birenga.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo