Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Ese mikino ya video ituma abayikina baba bagome?

Bivuye mu bushakashatsi bwakozwe n’abahanga b’abanyamerika ku bijyanye no gukina imikino iteye ubwoba kenshi binatera ubwonko gutakaza gahunda, imikino ivugwamo nk’iyo kurasana n’ibisa na yo ngo bikaba bigira ingaruka ku gace k’ubwonko bita “Cortex” ariko kagenzura ibyiyumvo by’umuntu kwiyenza n’ibindi...

Mu bushakashatsi bwakozwe ku bana b’imyaka iri hagati ya 18 na 29 itsinda rya mbere Ryasabwe gukina imikino ya videwo ku masaha agera ku 10 mu minsi umunani. Mu cyumweru gikurikiyeho basaba iri tsinda rya kabiri baribwira kudakina iyi mikino burundu. Itsinda rya kabiri barisaba kudakina iyi mikino ya videwo mu minsi ingana na 15.

Aba bose nyuma yo gukora ibi bakaba barakoreshejwe ikizamini ku bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe nyuma y’icyumweru kimwe abari mu itsinda rya mbere bakaba baragaragaje imikorere y’ubwonko yagabanutse, mu myanzuro y’ubu bushakashatsi bakaba baragaragaje ko abantu bakina imikino ya videwo iteye ubwoba bituma ubwonko bwabo budakora neza.

Ariko bakibaza niba koko bene iyi mikino ituma abayikina baba abagome. Mu kiganiro gikomeye cyavugaga kuri iyi mikino hagati y’abantu batavugaga rumwe n’ibyavuye muri ubu bushakashatsi n’abandi bashakaga ko iyi mikino yakurwaho ku bana bakiri bato ndetse n’ababikora,ni mu mwaka w’2010 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Kariforiniya akaba ariho haje no gushyirwaho itegeko rikuraho imicururize y’izi videwo z’imikino ku bafite hasi y’imyaka iri hasi ya 18.

Ngo nubwo mu mwaka wa 1999 mu gace kitwa Columbine habaye ubwicanyi bukozwe n’abana bakiri bato babitewe no gukurikira bene iyi mikino ariko ku bijyanye n’ubucuruzi ndetse n’ubukungu bw’izi Leta ngo bukaba butaratumye ibi bihagarara bitewe nuko iyi mikino isa naho ari intwaro ku bijyanye no kongera ubukungu mu bihugu byateye imbere.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo