Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Indwara ya Cancer ishobora guteza ibibazo bikomeye k’umugore utwite

Ubusanzwe indwara ya Cancer ku mugore utwite ntikunze kuboneka kuko umubare w'abagore bayirwara ukunze gusanga ari muto kuko nibura usanga abagore bagera kuri 1/1,000 ari bo barwara indwara ya Cancer nkuko bitangazwa na cancer.net.

Uru rubuga rutangaza ko Cancer zikunze kwibasira abagore batwite ukunze gusanga zinigaragaza cyane no ku bakobwa bakiri bato ari zo Cancer ifata amabere, cancer ifata inkondo y'umura na cancer ifata uruhu. Indi cancer umuntu yavuga ko ari mbi ndetse ikaba inatangaje ugereranije n’izo twabonye haruguru niyo bita ''Gestational trophoblastic tumor''.

Nkuko urubuga www.medlineplus.com rubitangaza, umugore uyirwaye ntakunze kubimenya kuko we aba yibwira ko atwite kandi atari byo na gato kuko inda aba ayumva ndetse n'abamubona babona yagutse nk'iyo umugore utwite nyamara ngo nta mwana uba urimo. Wakwibaza uti « Biba byagenze bite ? ».

Mu bisanzwe haba nta ruhinja ruyirimo kuko igihe intanga ngore yamaze guhura n'intanga ngabo aho kugira ngo hirememo igi ritanga umwana hikurira ibyo umwana yari kuzifashisha mu mikurire ye mu nda nk'ingobyi ''plancenta'' na ya mazi aba amukikije ''Amniotic liquid''.

Ikibazo gikomeye n'ubwo bidakunze kubaho n'uko indwara ya Cancer k’umugore utwite atari we yibasira gusa kuko ishobora kugera no ku mwana uri mu nda bigatuma ashobora kuvukana inenge zikomeye cyangwa rimwe na rimwe ikaba yanamuhitana avuka cyangwa akivuka.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo