Akenshi abakozi bo mubiro nk’abo twita ba ingenieurs n’abandi usanga bishimira gukora akazi kabo biyicariye. Ariko ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko akazi nk’ako gakorwa umuntu ari hamwe kamwicira ubuzima buhoro buhoro ndetse kurama kwabo kukaba kugufi.
Uretse ubu bushakashatsi bwa American cancer society, Ikinyamakuru Le Monde kivuga ko Ubushakashatsi bwakorewe muri Australiya bwagaragaje ko iyo umuntu akoze akazi gatuma ahora yicaye mu gihe cy’imyaka 10 aba yiyongerera amahirwe yo kurwara kanseri yitwa Colorectal. Iyi akaba ari kanseri ifata uruti rw’mugongo kugeza ku gace karwo ko hasi ku kibuno bita rectum mu ndimi z’amahanga.
Uretse n’ibyo kandi, abantu bakora akazi bicaye bakunze no kurwara indwara zijyanye n’umubyibuho ukabije nka obesite, iziterwa n’isukari nyinshi mu mubiri nka diabete. Umuntu wicaye akoresha 1/3 cya karori yari gukoresha abaye yagenze, iki kikaba ari ikigero cy’ingufu z’umubiri akoresha. Ubushakashatsi rero bugaragaza ko umuntu nk’uyu imikaya (muscles) ye iba itagikora aho bayigereranya n’iy’indogobe yapfuye. Ibi bikaba bituma imikorere y’ umubiri w’umuntu itagenda neza bigira ingaruka mbi ku buzima.
Mu kiganiro n’umuganga w’umunyamerika yabwiye itangazamakuru ko umuntu adashobora kwibwira ko yavurwa nuko yakora imyitozo ngororamubiri myinshi mu gihe ingaruka zamaze kugaragara ngo ibyo bibe ari byo bimukiza. Igishobora kugabanya izi ngaruka zo gukora akazi umuntu ari hamwe n’uko yajya agira akamenyero ko kujya ahaguruka kenshi, gutembera akanya gato mu biro cyangwa hafi aho, akabikora ingaruka z’uko kuguma hamwe zitaragaragara. Ibi n‘ubwo byoroshye bigabanya ingaruka umuntu agira atavuye aho ari.
0 comments:
Post a Comment