Ubusanze iyo umuntu amaze kuvuka hari inyunganizi (inkingo) ahabwa kugira ngo zongere ubudahangwarwa bw’umubiri we cyane ko bimurinda kuba yazandura virusi zimwe na zimwe, bityo bigatuma mu gihe cy’amezi icyenda umwana aba akwiye gufata izo nyunganizi (inkingo).
BCG (Baccille Calmette Guérin vaccine): Uru rukingo ruhabwa umwana ukivuga (Naissance) rukaba rumukingira igituntu n’imbasa.Poliomyélite I (afite ukwezi 1 n’igice): Umwana aba akingiwe: Imbasa, kokorishi, agakwega (tetanosi), akaniga, Hib, Hepatite B, Pinemokoke.
Pentavalent I (Afite amezi 2 n’igice):
Aha na none umwana aba akingiwe, Imbasa, kokorishi, agakwega (tetanosi), akaniga, Hib, Hepatite B, Pinemokoke.
Pneumocoque (afite amezi 3 n’igice):
Umwana uhawe uru rukingo aba akingiwe: Imbasa, kokorishi, agakwega (tetanosi), akaniga, Hib, Hepatite B, Pinemokoke.
VAR cyangwa Rougeole (afite amezi 9):
Uru rukingo rukaba rukingira umwana ISERU.
Twakangurira abantu bose, cyane cyane ababyeyi bafite abana, n’undi wifuza kubyara ko hari ingaruka nyinshi cyane ku mwana utarafashe izi nkingo kandi zari zimugenewe.
Ibi kandi abantu babifatanyiriza hamwe no kongera kugira inama ababyeyi batuma umwana arenza amezi 9 adahawe inkingo zose yari akwiye. Ibi na byo si byiza nk’uko byakunze kugaragara ku babyeyi benshi bajyana gukingiza abana babo bararengeje igihe.
Mubyeyi, kingiza umwana wawe umurinda ibibazo mu buzima bwe bw’ejo hazaza.
Izi nkingo kandi ushobora no kuzisanga ku ifishi y’ubuzima bw’umwana.
0 comments:
Post a Comment