Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Itabi ryica abantu benshi ku isi

Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu cyumweru gishize bwerekanye ko abantu babiri kuri batatu baba bitabye Imana ku isi bazira indwara zitandura. Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), wagaragaje zimwe muri zo nka : Indwara y’igisukari (diabète), kanseri (cancer), indwara z’umutima …Uyu muryango wita ku buzima uvuga ko bigoranye kurwanya zimwe mu mpamvu zitera izi ndwara. « Kurwanya ububi buterwa n’itabi, kwicara umwanya mu nini, kurya nabi n’ububi bw’inzoga bijyenda biba ingorabahizi ».

Kuri ubu umubare munini w’abagabo banywa itabi kuruta abagore, usanga abagabo 4 ku 10 banywa itabi mu gihe umugore 1 ku bagore 11 aribo batumura itabi ; umubare ungana na 12% w’abantu bakuru babana n’umubyibuho ukabije.

Ikindi ibihugu byinshi bikiri mu nzira y’amajyambere bihanganye n’ibibazo byinshi by’ubuzima nk’umusonga (la pneumonie), impiswi (diarrhée) na Malariya (le paludisme). Izi zikaba ari indwara ziza ku isonga mu guhitana abana bari munsi y’imyaka 5.

Uyu muryango mpuzamahanga uragira uti: « Dukwiye gukora ibishoboka byose ngo tugere ku ntego z’ikinyagihumbi ku bijyanye n’iterambere mu 2015, igihe ntarengwa cyateganyijwe».

Muri ibi bihe abayobozi b’ibihugu bagenda berekana intambwe bateye mu guhangana na biriya bibazo byavuzwe. Kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2000, imfu z’abana zagabanutseho 2,7% ku mpuzandengo ya buri mwaka. Mu mwaka wa 1990 imibare yerekana ko miliyoni 12,4 ari wo mubare w’abana bari munsi y’imyaka 5 bitabye Imana ku isi, ariko uyu mubare waramanutse ugera kuri miliyoni 8,1 mu mwaka wa 2009.

Umubare w’abategarugori bapfa babyara na wo wagabanutse ho 3,3% buri mwaka mu ntera y’igihe yavuzwe haruguru. Ibi byose ni imwe mu mirongo irimo iganirwaho mu nama mpuzamahanga ku buzima ku nshuro ya 64, irimo kubera i Genève ho mu Busuwisi.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo