Nk’uko tubikesha urubuga rwa internet en.wikipedia.org, indwara y’amashamba ni indwara iterwa n’agakoko kari mu bwoko bwa virus “mumps virus”. Aka gakoko gafata ingingo ziba mu mpande z’amatama zishinzwe gukora amacandwe. Iyi ndwara ishobora gufata umuntu wese utarayikingiwe.
Indwara y’amashamba irangwa n’ibimenyetso bikurikira: Umuriro, kubabara umutwe, kubura ubushake bwo kurya, kubyimba mu mpande z’amatama no kubabara igihe umuntu amize, avuze cyangwa ahekenye .Umwana uyarwaye ashobora kubyimba uruhande rumwe cyangwa zombi z’amatwi. Rimwe na rimwe indwara y’amashamba ishobora gukomera ku buryo ishobora no gufata mu bwonko ikaba yatera mugiga. Ariko ibi ntago bikunda kubaho. Iyi ndwara y’amashamba kandi iyo ifashe umwana w’umuhungu ugeze mu gihe cy’ubugimbi cyangwa umugabo mukuru, ishobora kwangiza udusabo tw’intanga twe. Ariko na none ibi bibaho gake cyane ku buryo ibyago byo kuba umuntu yaba ingumba ari bike cyane.
Rimwe na rimwe abantu bumva ngo kanaka arwaye amashamba ndetse (mu Rwanda) hakabaho no kwisiga imbyiro ku matama kuri bamwe kugira ngo ababaseka babe ari bo bayarwara, nyamara nk’uko bitangazwa n’abahanga, ngo ntabwo icyo ari cyo kibitera.
Indwara y’amashamba yandura iyo umuntu ahuye n’amacandwe cyangwa ibicurane bivuye ku muntu urwaye amashamba. Amashamba na none ashobora kwandura iyo umuntu akoresheje ibitambaro cyangwa ibikombe byakoreshejwe n’umuntu urwaye. Umuntu urwaye amashamba ashobora kwanduza abandi iminsi ibiri mbere y’uko agaragaza ibimenyetso na nyuma y’iminsi itandatu akize.
Amashamba, ngo umuntu ashobora kuyirinda. Mu bihugu byateye imbere, amashamba ni indwara ikingirwa. Urukingo rwayo rugahabwa abana bari hagati y’umwaka kugeza ku mwaka n’igice, noneho bakazongera guhabwa urundi rukingo bageze hagti y’imyaka ine n’itandatu. Ni ukuvuga ko bahabwa inkingo ebyiri zibakingira iyi ndwara.
Uru rubuga rwa internet (en.wikipedia.org), rugira inama ababyeyi bafite abana barwaye amashamba kugerageza kubaha ibikoresho byabo mu rwego rwo kwirinda ko bakwanduza abandi.
Uru rubuga kandi rutangaza ko mu gihe umuntu abonye umwana we arwaye ashobora kumuha ibintu byo kunywa bihagije kandi akaba yamushyira nk’agatambaro gakonje kuri ya mashamba.
0 comments:
Post a Comment