Nkuko bisanzwe bizwi nta rukingo rwari ruzwi rushobora kwifashishwa mu gukingira indwara y’imitezi. Ubusanzwe yandura binyuze mu mibonano Mpuza bitsina idakingiye iyo uyikoranye n’umuntu usanzwe arwaye indwara y’imitezi.Imitezi ni imwe mu indwara imaze kugaragara ko ikwirakwira vuba cyane ku buryo nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gusa habarurwa ko umugore 1 muri 4 aba yarayanduye.
Tugendeye ku bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na NEJM, bagaragaje ko ibi bishobora guhinduka kuko hari inyigo iri gukorwa ku rukingo rwakozwe na GlaxoSmithKline (GSK); uru rukingo ruje rukenewe kuko ruzarinda ikwirakwizwa ry’imitezi ryari kimwe mu bibazo byari bihangayikishije isi muri iyi minsi mu bijyanye n’ubuzima.
Itsinda ry’izi nzobere zo muri USA rikaba ryaratangarije “The New England Journal of Medicine” dukesha iyi nkuru ko bafite ikizere gihagije ko uru rukingo rushobora kuboneka vuba.
Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu basaga 8,000 mu duce turenga 50 dutandukanye two muri USA na CANADA, ubu bushakashatsi bwerekanye ko uru rukingo rushobora kuzagabanya ibyago byo kwandura indwara y’imitezi kugeza kuri 1/2. No mu Rwanda rero twizere ko urwo rukingo niruboneka ruzagera ku banyarwanda vuba n’ibindi bikorwa by’ubuzima byihutishwa.
Baza Shangazi
Urwego News
Urukingo rw’imitezi rugiye gushyirwa ahagaragara
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment