Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Dore indyo 5 zifasha umuntu kongera ubwenge

Ubwenge ni karemano kuri buri muntu, ariko hari n’ibiribwa bitandukanye bayafasha kubwongera, bitanu muri byo ni ibi nikurikira:

1.Amafi y’amavuta

½ cy’ubwonko bw’umuntu kigizwe n’ibinyamavuta. Mu mafi habamo amavuta arinda ubwonko kwandura akanabufasha gukura neza. Ibyo bituma n’ubwenge bukora neza bukaniyongera.

2.Amata n’ibiyakomokaho

Mu mata havamo foromaje(Fromage) na yawurute(Yogurt), ibyo binyobwa n’ibiribwa bibamo vitamine D, poroteine na Calcium bifasha mu mitekerere. Ibyo ngo binatuma umuntu agira ubushobozi bwo gushyira mu gaciro.

3.Umwijima w’inkoko n’inka

Ubwonko bufite uruhare rugera kuri 25% mu gukora umwuka mwiza "Oxygene” umubiri ukenera. Feri iba ikenewe kugira ngo uwo mwuka uboneke. Umwijima w’inkoko n’uw’inka biri mu bikize kuri Feri. Ibyo na byo bigira akamaro mu mikorere myiza y’ubwonko.

4.Amagi

Amagi agizwe na vitamine zikangura uturemangingo tw’ubwonko dufasha mu myumvire.

5.Imineke

Imineke ikize muri manyeziyumu (Magnesium), ifasha mu kujyana no kuva ubutumwa ku bwonko buva ku mikorere y’umubiri. Ibyo rero bituma ubwenge bukora neza bukaniyongera.

Ibyo biribwa n’ibinyobwa ni ngombwa mu miririre ya buri munsi, kuko bigira akamaro ku buzima.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo