Abagenzi bagera ku kibuga
cy’indege mpuzamahanga cya New York baturutse mu bihugu byagaragayemo
virusi ya Ebola batangiye kuyipimwa.
BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko abapimwa ari abaturutse mu bihugu
bya Guinee, Liberia na Sierra Leone, ahibasiwe n’icyorezo cya Ebola.
Abagenzi ngo bagiye kujya bapimwa no ku bindi bibuga muri Amerika mu cyumweru kigiye gutangira.
Si muri Amerika gusa iyi virusi yamaze kugera kuko no mu Burayi hari
abantu batatu muri Espagne bashizwe aho bakurikiranirwa hafi, nyuma yo
kubonana n’umuforomakazi amaze gufatwa na Ebola.
Muri Afurika ho hari abasaga ibihumbi bine bamaze kwicwa na Ebola.
Igihugu cya Maroc cyatangaje ko gishaka kwigizayo amarushnwa y’igikombe
yca Afrika mu mupira w’amaguru, kubera impungenge za Ebola.
Loni itangaza ko mu gihe nta gikozwe ngo iyi ndwara irwanywe ngo isi
izakomeza kwibanira nayo , usibye buri gihugu kiyihaguukiye.
Baza Shangazi
Urwego News
Amerika yatangiye gupima virusi ya Ebola ku bibuga by’indege
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment