Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Amerika yatangiye gupima virusi ya Ebola ku bibuga by’indege

Abagenzi bagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya New York baturutse mu bihugu byagaragayemo virusi ya Ebola batangiye kuyipimwa. BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko abapimwa ari abaturutse mu bihugu bya Guinee, Liberia na Sierra Leone, ahibasiwe n’icyorezo cya Ebola.
Abagenzi ngo bagiye kujya bapimwa no ku bindi bibuga muri Amerika mu cyumweru kigiye gutangira.
Si muri Amerika gusa iyi virusi yamaze kugera kuko no mu Burayi hari abantu batatu muri Espagne bashizwe aho bakurikiranirwa hafi, nyuma yo kubonana n’umuforomakazi amaze gufatwa na Ebola.
Muri Afurika ho hari abasaga ibihumbi bine bamaze kwicwa na Ebola. Igihugu cya Maroc cyatangaje ko gishaka kwigizayo amarushnwa y’igikombe yca Afrika mu mupira w’amaguru, kubera impungenge za Ebola.
Loni itangaza ko mu gihe nta gikozwe ngo iyi ndwara irwanywe ngo isi izakomeza kwibanira nayo , usibye buri gihugu kiyihaguukiye.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo