Abambara amadarubindi agabanya ubukana bw’imirasire y’izuba baraburirwa (Ifoto/Interineti)
Dr.
John Nkuriye ukuriye urugaga rw’abavuzi b’amaso mu Rwanda, araburira
abambara amadarubindi agabanya urumuri rw’amaso bapfuye kugura.
Dr. Nkurikiye avuga ko kwambara
amadarubindi bishobora gukenerwa gake cyane, nk’igihe umuntu yabazwe mu
jisho akaba yashaka kugabanya urumuri.
Avuga ko ijisho ryifitemo ubushobozi
bwo kugabanya cyangwa kongera urumuri aho kuba umuntu yakwifashisha
amadarubindi agabanya urumuri. Ati: "imboni niyo igena urugero
rw’urumuri.”
Ingaruka amadarubindi agabanya arumuri agira ku maso
Dr. Nkuriye asobanura ko iyo umuntu
yambaye amadarubindi agabanya urumuri amaso agira ngo ni nijoro bityo
bigatuma arushaho gufunguka agira ngo abashe kubona.
Ati: "Iyo wambaye amadarubindi akazana
umwijima ijisho rigira ngo burije, akantu k’imboni kagafunguka cyane ya
mirasire yangiza ijisho ikinjira cyane ahubwo kuruta ko utaba wambaye
ayo madarubindi.”
Yongeraho ati: "amadarubindi azana umwijima atarimo ako kayunguruzo ateye inkeke cyane kuruta ko utakwirirwa uyambara.”
Uko amaso arushaho gukoresha ingufu mu gufungura ngo abone hanze ni ko aba yangirika.
Mu gihe abantu bajya kugura mu isoko
cyangwa ku mihanda amadarubindi bavuga ko abarinda izuba ryinshi, Dr.
Nkuriye avuga ko baba bibeshya cyane, ahubwo ko baba biyangiriza amaso
yabo.
Dr. Nkuriye avuga ko abantu bambara ayo madarubindi bibeshya ko abakingira mu gihe aho kubafasha abangiza cyane.
Ati: "Umuntu wambara amadarubindi y’umwijima aba yiyongera ibyago byo kugira uburwayi bw’amaso buva ku zuba.”
Umuyobozi w’urugaga rw’abavuzi b’amaso
avuga ko amadarubindi atandukanye afitemo umwijima agurishwa hirya no
hino mu mujyi wa Kigali aba atujuje ubuziranenge, abantu bakaba bashukwa
n’ubwoko bwayo buba bwanditsweho gusa.
Ahantu hatandukanye mu mujyi haboneka amadarubindi agura amafaranga y’u Rwanda nk’igihumbi cyangwa ibihumbi na magana atanu.
Ati: "Amadarubindi nk’ariya atari pirate, amake ashobora kugura ni amadolari ijana.”
Aburira abantu kudapfa kugura
amadarubindi batazi neza ko hari icyo yabamarira. Ati: "Mbere y’uko
ugura ibintu utazi ko bigufasha cyangwa bikwangiriza, ni ngomba
kubipimisha.”
0 comments:
Post a Comment