Uturutse
ibumoso: Umuyobozi wa RBC Dr. Marc Herant, uhagarariye Loni mu Rwanda
Momadou Lamin Manneh, Minisitiri w’ubuzima Dr. Agnes Binagwaho, Dr.
Edward J. Mills umwe mu bashakashatsi na Dr. Sabin Nsanzimana ukuriye
ishami ryo kurwanya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano
mpuzabitsina (Ifoto/Kisambira T.)
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) bugaragaza
ko gufata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA bikomeje
kongerera abanduye icyizere cyo kubaho.
Dr. Sabin Nsanzimana ukuriye ishami ryo kurwanya SIDA n’izindi
ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina muri RBC, avuga ko
ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu ufite imyaka 40 ashobora
kwiyongeraho indi myaka 30 yo kubaho kubera gufata imiti igabanya
ubukana (ARV).
Abafite imyaka 15 bashobora kwiyongeraho indi myaka 35, mu gihe abafite imyaka 60 bashobora kwiyongeraho imyaka 20.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima kivuga ko abanduye agakoko gatera SIDA
bagera ku 135000, muri bo abarenga 95 % bakaba bafata imiti igabanya
ubukana bwa virusi ku buntu.
Imibare itangwa na RBC igaragaza ko 3% by’abanyarwanda aribo bafite agakoko gatera SIDA.
Ubushakashatsi bugaragaza ko mu bagore bakora uburaya 51% bafite
ubwandu, bikaba bitera impungenge mu ikwirakwizwa ry’agakoko gatera
ubwandu bushya bitewe n’ababagana bashobora gukomeza kwandura.
Bugaragaza kandi ko abagore bari hagati y’imyaka 35 kugeza kuri 49
aribo biganje mu bafite ubwandu, ndeste n’abagabo bari hagati y’imyaka
40 na 48 bakaba bari mu bafite ubwandu buri hejuru.
Nubwo bimeze bityo, Dr. Nsanzimana agaragaza ko minisiteri
y’ubuzima (MINISANTE) ifite gahunda yo kugabanya ubwandu bushya ku
kigereranyo cya 66%, kugabanya impfu zikomoka kuri SIDA kuri 50% ndetse
no kurandura burundu akato gahabwa ababana na virusi itera SIDA.
Zimwe mu ngamba bavuga ko zizabafasha kugera kuri iyo ntego harimo
gusiramura abagabo, ndetse no kwisuzumisha cyane cyane ku bagore
batwite.
Ubwitabire mu kwipimisha SIDA ariko na byo ngo biracyarimo inenge
n’ubwo MINISANTE ivuga ko hahyizweho gahunda zorohereza abantu
kwipimisha ku bigo nderabuzima.
Umubare w’abipimisha SIDA wiganje mu bantu bari hagati y’imyaka 24
na 39 aho ubwitabire buri hejuru ya 90%, ibi bigasobanurwa n’uko ngo ari
yo myaka yo gushyingirwa kandi abajya gushinga ingo bakaba bagomba
kubanza kumenya uko bahagaze.
Mu bagabo n’abagore babana ngo ubwitabire mu kwipimisha buri kuri
84% bitewe nuko abagore batwite bagomba kwipimisha SIDA baherekejwe
n’abagabo babo, hagamijwe kurinda ko umwana batwite yakwanduzwa na nyina
amutwite cyangwa amubyara.
0 comments:
Post a Comment