Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara muri uyu mwaka ushize bwerekanye ko abantu babiri kuri batatu baba bitabye Imana ku isi bazira indwara zitandura.Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), wagaragaje zimwe muri zo nk’indwara y’igisukari (diabète), kanseri ndetse n’indwara z’umutima.
Uyu muryango wita ku buzima uvuga ko bigoranye kurwanya zimwe mu mpamvu zitera izi ndwara. « Kurwanya ububi buterwa n’itabi, kwicara umwanya munini, kurya nabi n’ububi bw’inzoga bigenda biba ingorabahizi».
Kuri ubu, umubare munini w’abagabo banywa itabi kuruta abagore. Usanga abagabo 4 ku 10 banywa itabi mu gihe umugore 1 ku bagore 11 ari bo batumura itabi; naho umubare ungana na 12% w’abantu bakuru babana n’umubyibuho ukabije.
Ikindini uko ibihugu byinshi bikiri mu nzira y’amajyambere bihanganye n’ibibazo byinshi by’ubuzima nk’umusonga (la pneumonie), impiswi (la diarrhée) na malariya (le paludisme). Izi zikaba ari indwara ziza ku isonga mu guhitana abana bari munsi y’imyaka 5.
Uyu muryango mpuzamahanga ugira uti «Dukwiye gukora ibishoboka byose ngo tugere ku ntego z’ikinyagihumbi ku bijyanye n’iterambere mu 2015, igihe ntarengwa cyateganyijwe».
Muri ibi bihe, abayobozi b’ibihugu bagenda berekana intambwe bateye mu guhangana na biriya bibazo byavuzwe. Kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2000, imfu z’abana zagabanutseho 2,7% ku mpuzandengo ya buri mwaka. Mu mwaka w’1990 imibare yerekana ko miliyoni 12,4 ari wo mubare w’abana bari munsi y’imyaka 5 bitabye Imana ku isi, ariko uyu mubare waramanutse ugera kuri miliyoni 8,1 mu mwaka wa 2009.
Umubare w’abagore bapfa babyara na wo wagabanutseho 3,3% buri mwaka mu ntera y’igihe yavuzwe haruguru. Ibi byose kandi bikaba ari imwe mu mirongo yaganiriweho mu nama mpuzamahanga ku buzima ku nshuro ya 64, yateraniye i Genève mu Busuwisi mu kwezi kwa gatanu (Gicurasi) umwaka ushize wa 2011.
0 comments:
Post a Comment