Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Kanseri y'umwijima iza ku mwanya wa gatatu mu ma-kanseri ahitana abantu benshi ku isi

Ubusanzwe umwijima ugizwe n'uturemangingo tw'amoko atari make kandi atandukanye, utw'impindura, utw'imiyoboro y'amaraso n’utubika ibinure n'amasukari, ku buryo nibura uturemangingo dufata 80% by'inyangingo z'umwijima. Ni yo mpamvu hagati ya 90% na 95% bya kanseri z'umwijima bituruka ku turemangingo twawo, nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi.

Nk'uko tubikesha urubuga rwa internet: http://www.medicinenet.com, kanseri ifata umwijima iza ku mwanya wa gatatu ku isi mu kugira impfu nyinshi zituruka ku ndwara ya kanseri kuko nibura ihitana umuntu wese uyimaranye igihe kigera ku mwaka ayirwaye.

Uru rubuga rugakomeza rutangaza ko nko mu mwaka wa 2000, abantu bagera ku 546,000 baba barayanduye ku isi ndetse n’undi mubare nka wo wabo bapfuye ari yo bazize.

Umubare ungana na bitatu bya kane (3/4) by'abayirwaye ugaragara mu gice cy'Umugabane wa Aziya (Ubushinwa, HongKong, Taiwan, Koreya n'Ubuyapani). Si aho gusa kandi kuko n'Umugabane wa Afurika utasigaye inyuma, cyane cyane igice cyo munsi y'ubutayu bwa Sahara (Africa y'Epfo na Mozambike), aho usanga nibura abantu ijana ku bihumbi ijana bibanira na yo.

Ibi bigasobanura ubwiganze bw'indwara zifata umwijima zizwi nka HEPATITIS, muri utwo duce tw'isi, "Hepatitis B" ni yo iza ku isonga mu gutera kanseri y'umwijima. Kuyirinda nta kundi usibye gufata urukingo rwayo.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo