Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Kurya inyama si bibi ariko kuzirya cyane (gukabya) bishobora gutera ingorane

Ubusanzwe inyama zibamo Proteines zituma umubiri wiyubaka umuntu agakura neza igihe cyose zariwe hatabayeho gukabya ariko hakagira n’izindi ngaruka zizanira umubiri zitari nziza, noneho igihe zariwe cyane ndetse n’igihe kitari gito, nkuko tubikesaha urubuga rwa internet www.vernoncoleman.com, inyama zishobora kuzanira uzirya ibyago bikurira

Hari indwara umuntu yavuga ko usanga zikunze kwibasira abantu barya inyama. Murizo hari kanseri y’ibere (breast cancer), iy’amara (colon cancer), n’iy’amabya (prostatic cancer), umuvuduko ukabije w’amaraso (high blood pressure), diabete, appendicite, stroke na varicose ndetse no kurwara ingingo. Izi ndwara zikaba zibasira abantu bakunze inyama ugereranije n’abatazirya.

Kugabanya kurya inyama no kuzivaho nibwo buryo bwonyine buhari bwo kuba umuntu yagabanya ibinure mu mubiri

Igihe umuntu ariye inyama z’itungo ryavuwe indwara hifashishijwe umuti uyu n’uyu biba bigomba kumugiraho ingaruka byanze bikunze igihe wa muti umugeze mu mubiri. Nko muri Amerika, staphylococcal infections ubu ntabwo zikivurwa n’umuti wari usanzwe kubera ko abantu bazandura barariye inyama z’amatungo yahawe umuti wazo, ubushakashatsi bwari bwakozwe mu 1988 bwerekanye ko kunangira (resistance) ku muti usanzwe byari byavuye kuri 13% bikagera ku 91%.

Mu nyama ikintu kibi ku buzima kiganjemo ni ibinure. Ibi ntibishatse kuvuga ko kureka kurya inyama ari cyo gusa cyatuma uhita ugira ubuzima bwiza, ahubwo ngo umuntu akwiriye kwirinda kuzirya cyane.

Ubushakashatsi bwa none bwerekana inyama zonyine atari zo zibamo proteines kuko ishobora kuboneka no mu bindi biribwa.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo