Nubwo inyigo zitandukanye zagiye zigaragza ko malariya yarwanyijwe bikomeye ku isi, kandi ko umubare w’abo ihitana wagabanutse ku buryo bugaragara, ariko iyi ndwara iracyahitana abatari bacye. Nko mu mwaka wa 2010 gusa, iyi ndwara yahitanye abagera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi Magana abiri (1,200,000) ku isi yose. Ibi bikaba byarashyizwe ahagaragara mu bushakashatsi bwakozwe na “Institute for Health Metrics and Evaluation” ikigo kibarizwa muri Kaminuza ya Washington.
Iyi mibare ikaba yenda kwikuba kabiri iyari yashyizwe ahagaragara mbere yagaragaza umubare muto ugereranije n’uyu, ibi ngo bikaba byari byatewe nuko abantu bibwiraga ko iyi ndwara ihitana abana bari munsi y’imyaka 5 kurusha abakuru bayirengeje, nyamara ngo n’abakuru ntibarebera izuba na bo baracyahitanwa na yo.Abakoze ubu bushakshatsi rero baje gusanga mu mwaka wa 2010 gusa, malariya yarahitanye abana bari hagati y’imyaka 5 na 14 bagera ku bihumbi 78,000 mu gihe abantu bakuru bafite imyaka iri hejuru ya 15 bahitanywe na malariya barenga ibihumbi 445,000, imibare isigaye ikaba ari yo y’abana bahitanywe na malariya bari munsi y’imyaka 5. Ibi bikaba bivuze ko abagera kuri 42% bose bahitanywe na malariya bari hejuru y’imyaka 5.
“Abantu bibwira ko abana bari munsi y’imyaka 5 ari bo bahitanwa na malariya cyane kuko baba badafite ubudahangarwa bw’umubiri bukomeye, nyamara ibi si byo dukurikije ibyo twavumbuye muri ubu bushakshatsi twakoze.’ Ibi ni ibyatangajwe na Christopher Murray, umwe mu bakoze ubu bushakashatsi.
Gusa nanone nubwo ubu bushakshatsi bwavuguruje ubwari bwakozwe mbere yabwo gato, ngo mu by’ukuri imibare y’abahitanwa na malariya yaragabanutse ugereranije n’imyaka yatambutse. Kuva mu mwaka wa 1985, imibare y’abahitanwa na malariya yagendaga izamuka kugeza mu mwaka wa 2004 ubwo isi yose yafataga ingamba zo kuiyirwanya iki gihe imfu za malariya zikaba zari zigeze kuri miliyoni 1,800,000 mu mwaka.
Kuva icyo gihe, indwara ya malariya yararwanyijwe cyane ku buryo mu myaka ya 2007 na 2010 imfu za malariya zagabanutse kugera ku kigero cya 7%.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko iri gabanuka rya maraliya ahanini ryatewe n’ibyakozwe bitandukanye birimo gushishikariza abantu gukoresha inzitiramibu, gutera umuti wica imibu mu mazu, ndetse no gushaka imiti ikarishye ibasha guhangana na malariya mu gihe umuntu yayirwaye.
Ahanini rero ibi bikaba biri kugerwaho ku nkunga ya Global Fund muri gahunda yayo yo kurwanya SIDA, Malariya n’igituntu kuva mu mwaka wa 2001 ndetse no gushyiraho imiryango na za Gahunda zigamije kurwanya malariya nka Porogaramu y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku buzima, WHO, igamije kurwanya Malariya n’izindi gahunda zitandukanye.
Tubabwire ko amafaranga akusanywa mu gushyirwa mu bikorwa byo kurwanya malariya yavuye ku kayabo ka Miliyoni 250 z’amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2001 akarenga ku kayabo ka Miliyari 2 z’amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2009 nkuko byagaragajwe n’ubu bushakshatsi.
Source: The Lancet
0 comments:
Post a Comment