Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Abagore banywa itabi bibasirwa na kanseri y’ibihaha

by http://www.ubuzima.info
Ubushakashatsi buherutse gushyirwa ahagaragara mu Burayi burerekana ko umubare w’abagore bibasirwa na kanseri y’ibihaha ugenda wiyongera cyane bitewe no kunywa itabi. Ikinyamakuru Topsante kiravuga ko mu bagore bari hagati y’imyaka 20 na 25 y’ubukuru, abagera kuri 46 % bafite kanseri y’ibihaha.
Muri uyu mwaka wa 2015, imibare y’ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga iragaraza ko kanseri y’ibihaha izica abagore benshi kurenza kanseri y’ibere mu Burayi.
Mu kugaragaza ubukana bw’ikibazo cyo kunywa itabi mu bagore, abahanga berekanye ko ikigereranyo cya’abagore kingana 14, 24% bashobora kuzicwa na kanseri b’ibihahaba kubera itabi naho 14,22 bakazicwa na kanseri y’ibere.Nubwo ubushakashatsi bwagendeweho ari ubwakorewe ku Mugabane w’u Burayi gusa ku kibazo cya kanseri mu bagore, bwanagaragaje ko abantu ibihumbi 400 bandura kanseri y’ibihaha buri mwaka kubera itabi ku Isi.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na Abdoulaye Diagne, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gikora ubushakashatsi ku bukungu n’imibereho myiza y’abaturage cyo muri Senegal bwagaragaje ko Afurika yugarijwe n’icyorezo cya kanseri y’ibihaha kubera itabi kandi rigira ingaruka zitandukanye k’ubuzima bw’umuntu harimo kanseri y’ibihaha iyibere ku bagore n’izindi ndwara zifata imyanya y’ubuhumekero.
Abaganga bavuga ko uyu mwaka wa 2015 wakabaye umwanya wo kwirinda itabi ku bo ryabase n’abatararinywa.

Abagore banywa itabi bibasirwa na kanseri y’ibihaha

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo