Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Imyenda ya caguwa iravugwaho gutera SIDA

by http://www.ubuzima.info
Imyenda ya caguwa iravugwaho gutera SIDA

Minisitiri w’ubucuruzi wo muri indonisia Rachmat Gobel(Ifoto/Interineti)

Minisitiri w’ubucuruzi wo muri Indonisia, Rachmat Gobel, yavuze ko imyenda ya caguwa yatera SIDA ubwo yari arimo abuza abantu bo muri icyo gihugu kwambara imyenda yambawe n’abandi.

Inkuru dukesha New vision ivuga ko Minisitiri Gobel yavuze ko imyenda ya caguwa itera indwara z’uruhu na SIDA ati, "dufite n’ibisubizo by’ibizamini byo muri laboratwari [bibyemeza]”

Abayobozi bo muri icyo gihugu bakaba bamaze iminsi bamagana abantu bacuruza imyenda ya caguwa, aho bashinjwa kwangiza amasoko y’inganda zikora imyemda muri icyo gihugu.

Minisitiri Gobel yihutiye gusaba imbabazi nyuma y’aho ibyo yavuze byari bimaze gutazwa n’ibitangazamakuru byinshi, avuga ko yari yashatse kuvuga ko kwambara imyenda ya caguwa bitera indwara nyinshi.

Nubwo Gobel yasabye imbabazi ntabwo byagabanyije uburakari bw’abaturage, kuko bakomeje kuvuga ko bibabaje kuba umuntu nka minisitiri wize ataramenya aho SIDA yandurira.

Siti Ummayah umwe mu baturage byababaje yagize ati, "Ibyo Minisitiri yavuze biteye isoni rwose, yaba yarigeze agera mu ishuri koko?”

Sida ni indwara yandurira ahanini mu mibonano mpuzabitsina.

Kuva mu mwaka 1981, abantu bagera kuri miliyoni 78 bamaze kwandura Sida.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo