Amashu ni imboga zigaragara ahantu henshi kuburyo umuntu atatinya kuvuga ko Umunyarwanda wese ubifitiye ubushake ashobora kuyabona mu ifunguro rye rya buri munsi uko abishatse dore ko rikunda kuboneka ahantu hari amazi nko mu mibande cyangwa mu karima k'igikoni, hamwe hamenwa amazi yakoreshejwe mu koza ibyombo cyangwa n'ahandi hatandukanye.
Nk’uko tubikesha urubuga rwa internet : http://en.wikipedia.org/wiki/Cabbage, amashu ni isoko ya za vitamine zitari nke.Muri zo umuntu yavuga:
1. Vitamine K yifashishwa n'umubiri kugira ngo amaraso abashe gutsina, igihe bibaye ngombwa ko akomereka ntave kugeza amushizemo. Si ibyo gusa kuko vitamini K ituma umwijima ukora neza.
2. Vitamine C umubiri ukenera kugira ngo amashinya n'amenyo bikomere, igatuma n'ibisebe umuntu afite bikira bitagoranye.
3. Uruhurirane rwa Vitamine B, B1 ituma ubwonko bukora neza, B2 ituma umusatsi, inzara, uruhu n’amaso bimera neza, B6 ituma habaho ikorwa ry'uturemangingo tw'amaraso, imyororokere igenda neza ndetse igatuma n'ugutwita bigenda neza.
Amashu ntabwo ari isoko ya vitamine gusa kuko habamo n'imyunyu ngungu umubiri ukenera. Muri yo hari:
1. Calcium ituma habaho gukorwa no gukomera by'amagufa n'amenyo, gukora neza k'umutima, gutsina kw'amaraso no gukora kw'imikaya.
2. Magnesium ituma habaho gukweduka kw'imikaya, gukora neza k'umutima no gutuza k'umuntu.
3. Phosphore ituma amenyo n'amagufa byisana
4. Potacium ituma umutima utera neza
5. Zinc ituma ibisebe bikira bitagoranye
6. Iron ituma oxygene ikwirakwira mu mubiri
Amashu ashobora kuba n'isoko y'imbaraga kuko abonekamo isukari (sugar), carbohydrates, dietary fiber n’ibindi bitandukanye bigirira umubiri akamaro.
0 comments:
Post a Comment