Bang Media

Baza Shangazi

Urwego News

Ibiribwa bikomoka ku bimera bigira uruhare mu kugabanya indwara

Nk'uko bitangazwa n'ikinyamakuru le Monde cyandikirwa mu Bufaransa, ngo kurya ibiribwa bikomoka ku bimera (les fibres) bishobora kugabanya 22 % by'imfu ziterwa n'amabagiteri ndetse n'amavirusi (maladies infectueuses) nk'uko ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n'Abanyamerika, bubigaragaza.

Ubwo bushakashatsi bukaba bwarakorewe ku bagabo 220. 000 n'abagore 170. 000 bakuze, bari mu kigero cy'imyaka iri hagati ya 50 na 71, bakaba baramaze imyaka 9 bakurikiranwa n'abakoze ubwo bushakashatsi.

Ibyavuye muri ubwo bushakashatsi bikaba byarasohotse mu gihe gishize, mu bushyinguro bw'inyandiko bwitwa Archives of International Medicine. Bibaye ubwa mbere abashakashatsi, bahinyurishije umugabo ufatika ibyavugwaga ku kamaro k'ibiribwa bikomoka ku bimera, mu kongera igihe cyo kubaho cy'ubuzima bw'umuntu.

Avuga kuri ubu bushakashatsi, Dr. Pierre Azam, waminuje mu bijyanye n'imirire n'indwara zituruka ku mvubura (endocrinologue) yagize ati "Kandi igitangaje, bigira ingaruka nziza ku kurinda imfu ziturutse ku ndwara".

Yunzemo agira ati "Usibye ibyo twari tuzi ku biribwa bikomoka ku bimera, nko kuba byarinda uburwayi bw'umutima, indwara z'ubuhumekero, igisukari cyangwa umubyibuho ukabije, aka ko (kongerera umuntu kuramba) kaba ari agashya ."

Ubusanzwe nk'uko bitangazwa n'iriya nzobere, ngo ibiribwa biva ku bimera bigira akamaro mu mubiri mu bintu bitandukanye. Bifasha mu kongera imvubura z'indurwe zigira uruhare mu igogorwa, bifasha umubiri mu gukoresha neza isukari umuntu afite, n'akandi kamaro nko gutuma imitsi ijyana amaraso ikora neza, kongeraho ibyavuye mu bushakashatsi bw'Abanyamerika ko byanarinda imfu ziturutse ku ma-bagiteri n'ama-virusi.

Abakoze ubwo bushakashatsi bategekaga kurya ibiribwa bikomoka ku bimera byibuze garama 15 ku munsi. Impapuro zifashishijwe mu gukora ubushakashatsi, zari zigizwe n'imirongo 124 yo gusubiza. Hakaba hari hagambiriwe kumenya icyo usubiza akunda kurya buri munsi n'ingano arya. Andi makuru bakusanyije ni ay'abantu bapfuye muri icyo gihe cy'imyaka 9 n'icyabishe.

Ubushakashatsi bukaba bwararangiye abagabo bagera ku 20 000 n'abagore 11 000 mu bakorerwagaho ubushakashatsi bamaze gupfa.

Abagabo bafataga ibiribwa biva ku bimera biri hagati ya garama 13 na 29 buri munsi, mu gihe abagore bo bafataga hagati ya garama 11 na 26. Ibisubizo by'ubushakashatsi byerekanye ko ibikomoka ku bimera bigira uruhare mu kugabanya imfu muri rusange.

Ubagereranyije n'abagore batafataga ingano ihagije y'ibiribwa biva ku bimera, abagore bafashe ingano ihagije ,ubushakashatsi bwerekana ko imfu ziturutse ku mutima zaganutseho 34 %, 46 % ku zitewe n'imfu z'umutima n'ubuhumekero na 59 % ku mfu ziterwa n'ama-virusi (maladie infectieuse) ; ku bagabo byari 24, 31 na 56 %.

Nk'umwanzuro, Dr Azam agira ati "Tugomba kurya byibura garama 15 z'ibiribwa bikomoka ku bimera ku munsi.”

N’ubwo ibimera ari ingirakamaro, bigomba kuza biherekeza ibindi biribwa bigize ifunguro ryacu rya buri munsi. Ikindi ,ngo ingano umuntu yimenyereje ni na yo agomba kujya ufata buri munsi, kuko atari ibyo yarushya umubiri we.

Ibiribwa bikize kuri urwo rukingo nk'amashu, imboga (nka epinard) byorohera igifu kurusha imitsima cyangwa n'umuceri ubwawo.

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru

Urukundo

Udukoryo